MU MAHANGA
Intambara Iratangiye”: Amagambo ya Pete Hegseth ku Ruhare rwa Israheli
Mu kiganiro cya Fox News cyatambutse ku wa 4 Werurwe 2026, umunyamabanga w’Amerika mu by’umutekano Pete Hegseth yakomeje kugaragaza uburyo abona intambara hagati ya Amerika, Israheli na Irani. Yashimye cyane uruhare rwa Israheli, avuga ko ibikorwa byabo “birimo gukorwa mu buryo budasanzwe, bufite ubuhanga budasanzwe n’ubushake bukomeye”
Hegseth yavuze ko kurwana iruhande rwa Israheli ari “umwuka mushya” (“a breath of fresh air”), kubera ubushobozi bwabo mu bikorwa bya gisirikare.
Yongeyeho ko ibi ari “igikorwa cy’igitinyiro” cya Perezida Donald Trump, kigaragaza politiki ye yo gushyira Amerika ku isonga.
Mu magambo ye, yagize ati: “Iminsi ine gusa irashize, ariko intambara nibwo itangiye.”
Amagambo ya Hegseth agaragaza icyizere mu bufatanye na Israheli, ndetse no gushyigikira politiki ya Trump yo guharanira inyungu za Amerika.
Israheli yerekanywe nk’umufatanyabikorwa ukomeye, ufite ubushobozi bwo guhangana n’ubutegetsi bwa Irani mu buryo bunoze.
Hari impungenge ko ibi bikorwa bishobora guteza intambara ndende mu karere, bikagira ingaruka ku mutekano w’isi no ku isoko ry’ingufu.

