Connect with us

Inkuru Nyamukuru

Bus itwara abagenzi yakoreye impanuka muri gare i Nyabugogo

Neque porro quisquam est, qui dolorem ipsum quia dolor sit amet, consectetur, adipisci velit, sed quia non numquam eius modi.

Published

on

Photo: IGIHE

Imodoka itwara abagenzi yagonze inyubako ikatirwamo amatike muri Gare ya Nyabugogo, ahakorera Sosiyete yitwa Zebra, urukuta rw’inyubako rugwira abari bayirimo.

Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa Saba z’amanywa. Ambulance zahise zihagera kugira ngo zijyane kwa muganga abakomeretse na Polisi yihutira gutanga ubutabazi.

Umwe mu baturage babonye iyo mpanuka iba, yabwiye IGIHE ko iyo modoka yari iturutse i Muhanga, igeze i Nyabugogo igonga Coaster yari iri imbere yayo iri kugenda buhoro.

Ati “Kuko yo yari ifite umuvuduko mwinshi, yahise imanuka, igonga inzu. Hari uwo dukorana bamutwaye ameze nabi.”

Uwitwa Ngarambe yagize ati “Yakomeje ikubita inzu nta muntu yahitanye. Igikuta bishoboka ko cyaba cyagwiriye n’abantu. Impanuka ishobora kuba yatewe no kubura feri.”

Undi witwa Ntambara Jean Bosco we yavuze ko iyo modoka yabanje kugonga iyari imbere yayo, ati “Imwe yamaze kugonga indi, ifata umuvuduko mwinshi irenga umuhanda, igonga urukuta. Abantu bakomeretse, abandi babajyanye kwa muganga.”

Zebra ikora ingendo zerekeza mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Rusizi.

Uretse ibiro bya Zebra, hanagozwe inyubako y’ubucuruzi yacururizwamo telefoni ibyari birimo byose birangirika.

Ntabwo umubare w’abakomerekeye muri iyi mpanuka n’ingano y’ibyangijwe biramenyekana.

Iyo mpanuka yabaye nyuma gato y’uko hari indi yari imaze kubera mu marembo ya Gare ya Nyabugogo aho Coaster yagonze umuntu umwe agahita yitaba Imana.

Ababonye iyo mpanuka bavuga ko imodoka yabanje kumukandagira ikirenge, akagwa hanyuma ikamunyura hejuru.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Menyekanisha ibikorwa byawe ku miyoboro yacu

X