MU MAHANGA
Intambara ya Amerika na Israheli na Irani: Umunsi wa gatandatu
Mu masaha make ashize, Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatoreye icyemezo cyari kigamije kugabanya ububasha bwa Perezida Donald Trump mu gutanga amabwiriza y’ibikorwa bya gisirikare muri Irani. Icyo cyemezo cyasabaga ko ingabo za Amerika zivanwa mu ntambara keretse Kongere ibihaye uburenganzira. Cyatowe ku majwi 47-53. Inteko ishinga amategeko (House of Representatives) izatora kuri icyo kibazo ejo.
Ibindi byabaye mu masaha ashize
Ibisasu bya Irani: Ingabo za Israheli zavuze ko Irani yarashe ibisasu byinshi mu gitondo cyo ku wa Kane, ariko nta makuru y’ako kanya y’abahasize ubuzima yatangajwe.
Ibitero bya Israheli muri Libani: Abantu batatu bapfuye, abandi batandatu barakomereka, nyuma y’ibitero bibiri hafi y’umurwa mukuru Beirut. Amakuru ya Minisiteri y’Ubuzima ya Libani avuga ko byabereye ku muhanda werekeza ku Kibuga cy’Indege cya Beirut-Rafik Hariri.
Impunzi: UNHCR yatangaje ko urugomo rukomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo hagati no hanze yarwo rwatumye abantu bimuka ku bwinshi. Abantu bagera ku 100,000 bavuye i Tehran mu minsi ibiri ya mbere y’ibitero bya Amerika na Israheli. Muri Libani, UNHCR ivuga ko 58,000 bari mu bigo by’impunzi, ariko abayobozi ba Libani bavuga ko ari barenga 80,000.
Ingabo za Amerika zatangaje amazina y’umusirikare wa gatanu wapfuye mu gitero cya drone ya Irani i Kuwait mu minsi ya mbere y’intambara, ndetse n’izina ry’umusirikare wa gatandatu bikekwa ko yaguye muri icyo gitero.
Abantu bagera ku 20,000 bakora mu nyanja bafunganywe mu gace ka Straits of Hormuz, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wa UN’s International Maritime Organization.
Indege yari yateguwe na Guverinoma y’u Bwongereza ngo izane abaturage bayo bavuye Oman ntiyabashije guhaguruka ku wa Gatatu nimugoroba kubera ikibazo cya tekiniki. Qatar Airways yatangaje ko izakora izindi ngendo z’inkunga ziva mu Burasirazuba bwo hagati zijya mu mijyi itandukanye y’i Burayi ku wa Kane.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ya Qatar yatangaje ko yatangiye kwimura abaturage bari hafi y’Ambasade ya Amerika i Doha nk’igikorwa cyo kwirinda. Ibi bibaye nyuma y’uko ambasade za Amerika muri Saudi Arabia na Kuwait, ndetse n’icyicaro cya Amerika i Dubai, zatewe na drones muri iki cyumweru.
Ikizenga cy’amavuta cyari hafi y’inyanja ya Kuwait cyatewe n’“iturika rikomeye,” bituma habaho kumeneka kw’amavuta, nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’Abongereza gishinzwe umutekano mu nyanja (UKMTO).
Ikizenga cy’amavuta cyari hafi y’inyanja ya Kuwait cyatewe n’“iturika rikomeye,” bituma habaho kumeneka kw’amavuta, nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’Abongereza gishinzwe umutekano mu nyanja (UKMTO).

