Categories: Imikino

Umunya Côte d’Ivoire Sol Bamba yitabye Imana.

Ku munsi w’ ejo tariki 31 Kanama 2024 nibwo inkuru y’ incamugongo ibika umunyabigwi Sol Bamba yatangiye kumvikana mu matwi y’ abakunzi b’ umupira w’ amaguru by’ umwihariko hano ku mugabane w’ Afurika  ari na ho yakomokaga.

Sol Bamba wabaye myugariro  ukomeye mu ikipe y’ igihugu ya Côte d’Ivoire n’ andi makipe atandukanye yo ku mugabane w’ iburayi yitabye Imana ku munsi wejo kuwa 31 Kanama azize cancer ya non-hodgkin lymphoma isanzwe ifata selile z’ umweru (white blood cells) zisanzwe zikora nk’ abasirikare b’ umubiri.

Sol Bamba yatangiye kumva amerewe nabi kuwa 30 ubwo yari mukino w’ ikipe atoza ya Adanaspor yo mu cyiciro cya 2 muri Turkey, mu mukino iyi kipe ye yanganyijemo 0:0 na Manisa FK bari basuye. Uyu mukino ukirangira yahise yihutanwa ku bitaro bya Manisa Celal Bayar University Hospital byari aho hafi ari na ho yasize ubuzima. Bukeye bwaho rero nibwo yitabye Imana ku myaka 39 gusa y’ amavuko.

Souleymane “Sol” Bamba yavutse tariki 13 Mutarama 1985, avukira Ivry-sur-Seine mu Bufaransa ku babyeyi bakomoka muri Côte d’Ivoire Bakary Bamba na nyina Sehrata Bamba, yarafite umuvandimwe umwe gusa ari we Yahya Bamba w’ imyaka 25, ndetse nawe akaba akina umupira w’ amaguru mu ikipe ya Eastbourne Borough FC yo mu Bwongereza.

Sol Bamba asize abana 4 harimo 3 Roonea, Lily na Amy yabyaranye na madamu we Chloe Bamba babanaga kugeza magingo aya, Sol Bamba yarafite undi mwana w’ umuhungu Jaxxson Shields yabyaye ku wundi mugore.

Sol Bamba na madamu we Chloe Bamba babyaranye abakobwa 3, batangiye kuvugwa mu rukundo ubwo yakinaga muri 2011 ubwo yakiniraga Leicester City yo mu Bwongereza.

Sol Bamba n’ umuryango bafata amafunguro

Ubusanzwe Sol Bamba yatangiriye urugendo rwa ruhago muri Paris Saint-Germain mu 1996 Bufaransa ari na ho yavukiye, muri 2004 nyuma aza no gukinira ikipe y’ igihugu ya Côte d’Ivoire n’ andi makipe atandukanye harimo :

Youth career
1996–2004 Paris Saint-Germain
Senior career*
Years Clubs Games Goals
2004–2006 Paris Saint-Germain 1 (0)
2006–2008 Dunfermline Athletic 39 (0)
2008–2011 Hibernian 75 (4)
2011–2012 Leicester City 52 (3)
2012–2014 Trabzonspor 27 (0)
2014–2015 Palermo 1 (0)
2015 Leeds United (loan) 19 (1)
2015–2016 Leeds United 32 (4)
2016–2021 Cardiff City 112 (10)
2021–2022 Middlesbrough 24 (0)
Total 382 (22)
International career
2003–2005 Ivory Coast U20
2008 Ivory Coast U23 2 (0)
2008–2014 Ivory Coast 46 (1

Nyuma yo kumara imyaka 26 akina umupira w’ amaguru mu mpera za season ya 2021/22 yatangaje ku mugaragaro ko asezeye ku mwuga wo guconga ruhago asoreje muri Middlesbrough FC.

Akimara gusezera kuri ruhago yahise yinjira muri career yo gutoza.

Yatangiriye gutoza muri Cardiff City ari umutoza wungirije muri Mutarama 2023 kugeza muri Kamena 2023, yaje kongera kubona akazi hashize umwaka atandukanye na Cardiff City, akabonye muri Adanaspor FK yaramazemo amezi abiri gusa kuko yagizwe umutoza w’ iyi kipe muri Nyakanga 2024 kugeza ubwo yitabaga Imana tariki 31 Kanama 2024.

Adanaspor FK yo mu cyiciro cya 2 muri Turkey ni yo yatozwaga n umunya Côte d’Ivoire Souleymane Bamba.

JUNIOR REGIS

Share
Published by
JUNIOR REGIS
Tags: RIP Bamba

Recent Posts

Israel Mbonyi yaje ku mwanya wa mbere mu bahanzi Nyarwanda bakurikiranwa kuri Youtube

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi ukunzwe cyanee yagiye ku mwanya wa…

8 hours ago

Byinshi wamenya ku irushanwa rya Miss Universe

Izina Miss Universe ryatangiye gukoresha guhera mu 1926 ni irushanwa ryategurwaga n'umuryango witwa International Pageant…

1 week ago

Raphaël Varane uhagaritse ruhago ku myaka 31, ni muntu ki ?!

Myugariro w' umufaransa Raphaël Varane bitunguranye kuri uyu wa 25 Nzeri 2024 yahagaritse umwuga we…

1 week ago

Ndashaka umukunzi

Nitwa kwibuka ntuye i Kigali, ndifuza umukunzi w'umukobwa wize kandi ufite urukundo, amashuri yaba yarize…

2 weeks ago

Ndashaka umukunzi

Amazina yanjye nitwa keza ntuye muri congo ariko ndi umunyarwandakazi, ndifuza umukunzi twakundana tukubakana, ntakindi…

2 weeks ago

UCL 2024/25: Visit Rwanda Derby mu zitegerejwe ku munsi wa kabiri.

UEFA Champions League irushanwa rya mbere rikomeye ry' amakipe ku mugabane w' uburayi rirakomeza kuri…

2 weeks ago