Connect with us

MU MAHANGA

Tshisekedi akomeje gutakambira Lourenço

Published

on

luanda
Photo: Internet

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Mbere yagiriye uruzinduko i Luanda rwasize ahuye akanagirana ibiganiro na Perezida João Lourenço wa Angola.

Uru ruzinduko rurakurikira urwo Tshisekedi yari yagiriye i Luanda mu byumweru bitatu bishize.

Perezidansi ya RDC yatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo ndetse n’ibijyanye n’ubutabazi, nk’uko Tshisekedi ubwe yanabihamirije abanyamakuru.

Advertisement

Tshisekedi yunzemo ko Lourenço nka Perezida w’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe yabonye hari “ibyifuzo bishimishije” yamugezaho bizafasha Congo Kinshasa kugera kuri demukarasi iciye mu mahoro.

Tshisekedi yunzemo ko abifashijwe na Lourenço yizeye ko amahoro igihugu cye kimaze igihe kirekire cyifuza azaba aya nyayo.

Amakuru avuga ko Tshisekedi yasabye Lourenço guhuriza hamwe abanyapolitiki bo muri RDC rwihishwa, ndetse ko Perezida wa Angola yamwemereye gusubukura “gahunda y’ibiganiro bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo”.

Advertisement

tshisekedi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Trending

Designed by Viva Rwanda Digital Media