Connect with us

Entertainment

Spice Diana yakebuye abahanzi badakozwa ibyo gushinga ingo

Published

on

spice diana
Photo: Internet

Umuhanzikazi ukomeye muri Uganda, Spice Diana, yasabye abantu bakora imyidagaduro kumenya agaciro k’umuryango no kuwufata nk’ikintu cy’ingenzi mu buzima. Avuga ko umuryango ari isoko y’imbaraga n’inkomoko y’umugisha, nubwo ibindi byose byakwanga.

Nubwo kugeza ubu atarabyara, Spice Diana yemera ko kugira umwana ari kimwe mu by’ingenzi mu buzima bwe kandi afite umugambi wo gutangiza umuryango we.

Yagize ati: “Nzi neza icyo umuryango usobanuye. Abahanzi benshi bakunze kugwa mu gahinda ni abo batumva agaciro k’umuryango, kandi ni ingenzi cyane. Umuziki uravuna; ntushobora kumurika iteka ryose, bityo ugomba kugira ikindi kigushimisha kandi kigakomeza kubaho, icyo ni umuryango.”

Akomeza avuga ko umuryango ari iby’ingenzi mu buzima bwe ariko ko ari byiza kuwutangiza igihe umuntu yiteguye. Ati: “Njyewe nzi ko rimwe nzabyara; ni kimwe mu bice byanjye. Nkwiye kugira umuryango kuko nzi agaciro kawo. Sinzi neza igihe bizabera, ariko biri mu migambi yanjye.”

Advertisement

Namukwaya Hajara Diana wamamaye nka Spice Diana, ari mu bakomeye kandi bagezweho mu gihugu cya Uganda, amaze iminsi agarukwaho cyane mu itangazamakuru bitewe n’ibitaramo akora n’urukundo avugwamo.

Uyu mukobwa uvuka mu muryango w’abana batatu, yatangiye umuziki mu 2014 ubwo yashyiraga hanze indirimbo ‘Onsanula’ yakiriwe neza. Nyuma y’aho yakoze izindi ndirimbo zirimo nka “Anti Kale”, “I miss you” and “Buteke”, Upendo (2021), Ntuyo Zange (2021), Mbikka (2022), Doctor (2022), Feeling Zange (2022), Nze Wuwo (2022), Bwereere (2023) n’izindi.

Advertisement
Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Trending

Designed by Viva Rwanda Digital Media