DR Congo
RDC: Umujinya mwinshi mu baturage kubera ihamagazwa rya Capt Anthony nyuma yo kugaragaza amabi ya Mobondo
Abaturage bahuye n’urugomo rw’inyeshyamba za Mobondo bagaragaje umujinya mwinshi nyuma yo guhamagaza i Kinshasa, Capt. Anthony Mwalushayi, Umuvugizi w’Akarere ka 11 ka Gisirikare muri FARDC.
Iki cyemezo cyo guhamagazwa kije nyuma gato y’uko uyu muvugizi w’ingabo agaragaje ku mugaragaro ibivugwa ko ari ubufatanyacyaha bw’abanyapolitiki bamwe mu ihungabana ry’umutekano muri Mai-Ndombe, Kwango, na Kwilu.
Iki cyemezo, cyashyizwe ahagaragara ariko ku rundi ruhande, cyateje impagarara haba ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu turere twibasiwe n’ibikorwa by’inyeshyamba za Mobondo.
Mu kibaya cya Batéké, cyane cyane cyibasiwe n’urwo rugomo, abahohotewe benshi babona ko guhamagaza umuvugizi w’ingabo ari uburyo bwo guhagarika ihishurwa riteye isoni ku bayobozi ba Congo.
Umuyobozi gakondo wa Kwamouth, Stany Libiey, yagaragaje neza ko adashyigikiye itabwa muri yombi cyangwa guhana Captain Anthony Mwalushayi.
Ahubwo yahamagariye inzego zibishinzwe gusuzuma neza amazina yavuzwe muri raporo za gisirikare zerekeye ikibazo cy’inyeshyamba za Mobondo nk’uko inkuru dukesha mediacongo.net ivuga.
Uko ibintu byifashe ubu ngo biragaragaza kutamenya inshingano nk’uko Stany Libiey abitangaza, aho asanga bitumvikana ko umusirikare mukuru ahamagazwa kubera ko yatanze amakuru akomeye mu gihe ababigizemo uruhare bakomeje kwidegembya.
Abaturage bo muri aka karere bakomeje gushyigikira cyane ingabo z’igihugu mu ntara zibasiwe n’ibikorwa by’inyeshyamba za Mobondo, mu gihe bafata Ingabo za FARDC nk’ingabo ibakingira ndetse n’umufatanyabikorwa w’ingenzi mu kugera ku mutekano urambye.

