Categories: Ubuzima

Menya ibintu ugomba kugira ibanga ku buzima bwawe

Abantu tuba dufite byinshi byerekeranye n’ubuzima bwacu hari ibyo buri wese aba agomba kwimenyera ubwe ku giti cye akabibika hari ibyo yasangiza abantu b’inshuti ze za hafi cyangwa abo mu muryango we hari nibyo rubanda rwose rushobora kumenya ntibigire icyo byangiza

Ikibazo nuko muri iki gihe usanga Ibyo abantu bakagize ibanga aribyo bashyira ku karubanda ugasanga ibyakamenywe n’abantu nibyo bibaye ibanga niyo mpamvu twagukusanyirije ibintu bigera mu icumi(10) ugomba kwirinda kuba wagira uwo ubibwira

 

1.Ibibazo byawe:Muri iki gihe akenshi usanga ntanshuti yukuri ikibaho kuko uwo wizeye ushobora kuganiriza ibyawe niwe uzasanga aca inyuma agenda abibwira abandi niyo mpamvu biba byiza iyo ibibazo byawe ubigize ibanga

2.Intege nke zawe:Ndakubujije ntuzigere na rimwe ukora ikosa ngo ugire uwo uganiriza ku ntege nke zawe kuko ashobora kubikoresha akurangiza biba byiza iyo bigizwe ibanga

3.Ineza wagiriye abandi:Kuri iki gihe biragoye ko umuntu yakugirira neza ntibimenyekane abenshi uzasanga babikora bifotoza kugirango abantu bose babibone ko bakoze neza yego kugira neza ni byiza ntanuwo twabibuza ariko kubigira itangazo ntago aribyo

4.Imitungo yawe : Ntuzagire umuntu ubwira ibyerekeye imitungo yawe kuko abenshi bazabifata nko kwirata no kwiyemera

5.Amabanga ubikiye abandi:Kuba umuntu yaza akakuganiriza ku bintu runaka nuko aba akwizeye ugomba gukora uko ushoboye ntumutakarize icyo kizere

6.Ubukene ufite: Abenshi mubo ushobora kubibwira bazaguseka abandi bakumvire ubusa ikiza rero nuko wazabigira ibanga ryawe

7.Ibibazo by’umubiri wawe: Bishobora kuba ari uburwayi runaka cyangwa se ibindi bibazo ufite ikiza nuko utazagira uwo ubibwira bikaguma ari ibanga

8.Intego zawe: Si byiza na gato ko wabwira buri wese imishinga yawe ahubwo uzakore cyane ugere kubyo wifuza ubwabyo bizivugira

9.Amateka yawe mu rukundo:Ni byinshi muba mwaraciyemo ikiza nuko byaguma kuba ibanga ryanyu babiri kuko nubundi muba mwarabiciyemo muri babiri

10.Ubutwari bwawe:Biba byiriza kurushaho iyo abandi aribo babibonye bakabivuga ariko muri iki gihe uzasanga umuntu yicara akivuga ibigwi nyamara ntibyari bikwiye

Ruth GARU

Share
Published by
Ruth GARU

Recent Posts

Israel Mbonyi yaje ku mwanya wa mbere mu bahanzi Nyarwanda bakurikiranwa kuri Youtube

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi ukunzwe cyanee yagiye ku mwanya wa…

3 hours ago

Byinshi wamenya ku irushanwa rya Miss Universe

Izina Miss Universe ryatangiye gukoresha guhera mu 1926 ni irushanwa ryategurwaga n'umuryango witwa International Pageant…

1 week ago

Raphaël Varane uhagaritse ruhago ku myaka 31, ni muntu ki ?!

Myugariro w' umufaransa Raphaël Varane bitunguranye kuri uyu wa 25 Nzeri 2024 yahagaritse umwuga we…

1 week ago

Ndashaka umukunzi

Nitwa kwibuka ntuye i Kigali, ndifuza umukunzi w'umukobwa wize kandi ufite urukundo, amashuri yaba yarize…

2 weeks ago

Ndashaka umukunzi

Amazina yanjye nitwa keza ntuye muri congo ariko ndi umunyarwandakazi, ndifuza umukunzi twakundana tukubakana, ntakindi…

2 weeks ago

UCL 2024/25: Visit Rwanda Derby mu zitegerejwe ku munsi wa kabiri.

UEFA Champions League irushanwa rya mbere rikomeye ry' amakipe ku mugabane w' uburayi rirakomeza kuri…

2 weeks ago