Connect with us
trump on petro trump on petro

MU MAHANGA

Gustavo Petro wa Colombia niwe utahiwe nyuma ya Maduro

Photo: Internet

Published

on

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje amagambo akomeye yerekeza kuri Perezida wa Colombia, Gustavo Petro, nyuma y’uko ingabo za Amerika zakoze igikorwa cyo gufata Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, ku wa 3 Mutarama 2026.

Trump yaburiye Petro ati:

“Agomba kwitonda, kuko akora kokayine bakayohereza muri Amerika.”

Ibi yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru, mu gihe uyu mugabo amaze amezi menshi mu makimbirane na Petro.

Advertisement

Ku ruhande rwe, Gustavo Petro yavuze ko ibikorwa bya Washington ari “igitero ku bwigenge bwa Amerika y’Amajyepfo” kandi ko bizateza ibibazo by’ubutabazi n’ubuzima bw’abantu.

Uru rwikekwe rugaragaza uko umubano hagati ya Amerika na Colombia ukomeje kuzamba:

Trump amaze igihe ashyira igitutu kuri Colombia,

Advertisement

Yigeze no kuvuga ko ashobora gukoresha igikorwa cya gisirikare,

Akanashyiraho ibihano ku Perezida Petro n’umuryango we.

Advertisement
Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Trending

Designed by Viva Rwanda Digital Media