Connect with us

MU MAHANGA

Boris Johnson yibasiye Minisitiri w’Intebe Keir Starmer amuziza ibirimo guhagarika amasezerano n’u Rwanda

Photo: Internet

Published

on

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe mu Bwongereza yibasiye Keir Starmer uri muri uyu mwanya kuri ubu, agaragaza ko ikibazo cy’abimukira cyugarije igihugu agifitemo uruhare rukomeye, rwatangiye ubwo yateshaga agaciro amasezerano u Bwongereza bwari bufitanye n’u Rwanda ku bijyanye n’abimukira.

Ni igitekerezo Boris Johnson yatanze binyuze mu nkuru ndende yanditse itambuka mu kinyamakuru Daily Mail.

Muri iyi nkuru, Johnson agaragaza ko mu minsi ishize yatembereye mu Mujyi wa Didcot mu Bwongereza, aza kubona abantu bari kumanika amabendera y’igihugu ku mapoto hirya no hino muri uyu mujyi.

Advertisement

Abantu Boris Johnson yavugaga ni abari Operasiyo yiswe ‘Raise the Colours’ aho abantu batandukanye bagenda bamanika ibendera ry’u Bwongereza ku nzu ndende, amapoto y’amashanyarazi no ku matara yo ku mihanda.

Ibi bikorwa nk’ikimenyetso cyo kugaragaza ko abari muri iyi gahunda bakunda u Bwongereza ariko badashyigikiye ibyemezo by’Ishyaka ry’Abakozi riri ku butegetsi birimo n’uburyo ryitwara ku kibazo cy’abimukira.

Boris Johnson yavuze ko ubwo yabonaga aba bantu yabasuhuje “kuko ntacyo mfite nenga aba bantu ku bijyanye no kugaragaza ibyiyumviro by’abanyagihugu.”

Advertisement

Yakomeje avuga ko impamvu abantu bakora ibi bintu bisa no kwigaragambya ari uko bamaze kubona ko nta cyo Guverinoma iyobowe n’Ishyaka ry’Abakozi ibamariye.

Ati “Impamvu ni uko nyuma y’amezi 18 y’iyi Guverinoma y’ikivume y’Ishyaka ry’Abakozi, abaturage bumva ko badashobora kwishingikiriza ku bantu bari mu butegetsi kugira ngo babasangize uko biyumva. Kuva Keir Starmer n’ishyaka rye bajya ku butegetsi ibimenyetso bigaragaza ko bafite uko basobanura gukunda u Bwongereza gutandukanye n’ukw’abandi bikomeje kwiyongera.”

Yakomeje avuga ko ibikorwa bya Guverinoma ya Keir Starmer bitandukanye n’ibitekerezo by’Abongereza, ndetse bikaba bihabanye n’inyungu z’igihugu.

Advertisement

Yagarutse ku kibazo cya Fuad Awale watawe muri yombi mu 2011 nyuma yo kwica abantu babiri mu gace ka Milton Keynes. Nyuma yo gufungwa yaje gutera ubwoba umwe mu bacungagereza, amubwira ko azamwica, bituma bamujyana kumufungira ahantu hari umutekano wihariye.

Nyuma Fuad Awale yaje kurega Leta y’u Bwongereza kumufunga mu buryo bunyuranyije n’amahame agenga uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2026 Urukiko rwategetse Leta y’u Bwongereza kumuha impozamarira ya 240.000 £. Ibi nibyo Boris Johnson atemera, agashimangira ko Guverinoma y’u Bwongereza idakwiriye guhemba umuntu wabuhekuye.

Advertisement

Ati “Icyo nshaka kwerekana cy’ingenzi kuri ibi ni uko abanyametegeko bo muri North London bo mu ishyaka ry’abakozi kuri ubu bayoboye igihugu cyacu, bazavuga ko ari ibintu byiza kandi biteye ishema kuba Awale yaratsinze iki kirego. Mu mitekerereze yabo, ibyavuyemo bizerekana ibyiza bw’u Bwongereza.”

Yakomeje avuga ko “bizera ko umwanzuro w’urukiko wafashwe werekana ko iki ari igihugu aho itegeko riri hejuru, aho uburenganzira bwa muntu bwanywanye n’amategeko. Kuri bo iki kirego cyerekana ko amabi yose wakora ufite uburenganzira bwo kurindwa n’amategeko nk’uko byagenda ku wundi muntu wese.”

Yakomeje avuga ko Starmer ari umuntu urangwa n’amarangamutima cyane.

Advertisement

Ati “Birigaragaza ko amarangamutima aricyo kibazo cya Starmer na Guverinoma ye. Kubera ko uku ntabwo ariko abantu benshi babona ikibazo cya Awale. Twe tubibonamo ubucucu bwo ku rwego rwo hejuru. Abantu benshi basanzwe ntabwo bumva uburyo imisoro yabo myinshi ishobora guhabwa Awale n’abanyamategeko be mu izina ry’uburenganzira bwa muntu. Bite se by’uburenganzira bw’abantu yarashe, bite by’ibyago ateza abandi bagororwa.”

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Trending

Designed by Viva Rwanda Digital Media